Zambia: Polisi yataye muri yombi impunzi y’Umunyarwanda mu nkambi ya Meheba

May 2, 2024 - 11:16
 0
Zambia: Polisi yataye muri yombi impunzi y’Umunyarwanda mu nkambi ya Meheba

Zambia: Polisi yataye muri yombi impunzi y’Umunyarwanda mu nkambi ya Meheba

May 2, 2024 - 11:16

Igipolisi cya Zambia cyataye muri yombi impunzi y’Umunyarwanda mu nkambi ya Meheba kubera kwiha uburenganzira bwo gusaba bagenzi be amafaranga bashaka kujya ku rutonde rw’abagenewe imfashanyo y’abatishoboye.

Yitwa “Bosco” ngo yahunze mu 1994. Atuye ku muhanda wa 36 mu nkambi ya Meheba. Ngo yahaye akazi abakozi babiri kugira ngo bamufashe gukora urutonde rw’abo avuga ko batishoboye kurusha abandi ngo “bisabwe na perezida w’inkambi,” nk’uko abivuga.

Impunzi zivuga ko icyateye impungenge abantu, ari ukwaka amafaranga umuntu wese ushaka kwiyandikisha. 

“Ni gute umuntu utishoboye ashobora kugira amafaranga yo kwishyura umwanya ku rutonde mu gihe urutonde ruvugwa rugamije kubafasha! Ibi byasaga naho bidasanzwe kuri twe, niyo mpamvu twabimenyesheje abapolisi. ”

Ubwo abapolisi bahageraga, ngo iki gikorwa cyari kigeze ku munsi wa kane kandi abantu amagana bari bamaze kwiyandikisha.

Impunzi z’Abarundi zigira ziti: "Abibasiwe cyane ni abahinzi batabonye umusaruro mwiza kubera amapfa muri Zambia, ku buryo abantu benshi babiyobotse, bamwe batanga ruswa kugira ngo bajye kuri urwo rutonde".

Igihe perezida w’inkambi yamenyeshaga abapolisi ko nta muntu n’umwe yigeze aha akazi ko gukora urutonde, Bosco yarafashwe ajyanwa muri kasho ka polisi hanze y’inkambi.

Impunzi yatse amafaranga, zashakaga kumufata ngo zikamwihanira nk’uko iyi nkuru dukesha SOS Media Burundi ivuga.

“Iyo abapolisi badatabara, abantu bari bagiye kumurangiza. Yasabwe gusaba imbabazi, gusaba imbabazi ku mugaragaro no kwishyura amafaranga yose yakusanyijwe ”, nk’uko byatangajwe n’umutangabuhamya.

Abayobozi ba zone ya 34 na 36 basabye abari muri iyi nkambi kurushaho kuba maso kugirango birinde kugwa mu mutego w’uburiganya.

Inkambi ya Meheba icumbikiye impunzi zirenga 27.000, zirimo n’Abarundi 3.000. 

B. Innocent I am responsible for this article, not the BIGEZWEHO TV website. Please contact me if you need more information about it : +250 781 327 062